mercredi 31 octobre 2012

Afurika ihawe amadolari ahabwa MONUSCO ntiyaba imeze uko imeze uku-Perezida Kagame

Mu nama iri kubera i Kigali ku iterambere ry’ubukungu bwa Afurika, Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho umuryango mpuzamahanga ukoresha amadorari menshi ku ngabo zawo ziriyo mu gihe nyamara nta musaruro ugaragara zitanga.


Perezida Kagame wibanze ku kibazo cya Congo, yatangarije izo nzobere ko zidakwiye kujya zisoma ibinyamakuru gusa usanga bishinja leta y’u Rwanda kuba ishyigikira umutwe wa M23, mu gihe na byo ngo usanga byandika ibihuha bivana ku Muryango Mpuzamahanga na wo warananiwe kugira icyo ukora muri iki gihugu aho leta ihohotera abavuga ururimi rw’ikinyarwanda aho kubaza Ababiligi bagabanyije imipaka bakabajyana muri Congo abavuga ururimi rw’ikinyarwanda. Perezida Kagame yagize ati “Ikibazo cya Congo cyabayeho nanjye nkiri muto, dore ko mu 1960 ibyo bibazo bivuka nari mfite gusa imyaka itatu.”

Perezida kagame yavuze ko ibibazo biri muri Congo biterwa n’impamvu ebyiri ari zo leta yananiwe gukemura ikibazo cyayo ubwayo ndetse n’Umuryango Mpuzamahanga utanga akayabo ka miliyari imwe n’igice ku ngabo zawo ziri yo buri mwaka ariko zidafite umusanzu zitanga, nyamara bakavuga ko Afurika ari umugabane wasigaye inyuma mu bukungu kandi mu gihe aya madolari uyahaye uyu mugabane wava muri uru rwego ugatera imbere.


Olusegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria akaba yaranabaye umuhuza mu kibazo cya Congo, yashimiye Perezida Kagame kuba ari we Perezida muri Afurika uvuga ikimuri ku mutima, bityo asaba abandi ba Perezida kuri uyu mugabane kugira umusanzu batanga Afurika bakayihesha agaciro aho guhora bateze amaramuko ku banyamahanga.


Iyi nama ihuje izi nararibonye mu by’ubukungu, baracishamo bakanaganira kuri politiki kuko bidashoboka ko Afurika yagera ku iterambere yifuza hatabayeho ubuyobozi bwiza.

UWASE MUVUNYI DENISE

SOURCE:IGIHE.COM

Aucun commentaire: