mercredi 26 décembre 2012

Juba: RDF yambitswe imidari

Juba:  RDF yambitswe imidari

Itsinda ry’ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu butumwa  bw’amahoro  mu rwego  rw’Umuryango wa UNMISS  muri Sudan  y’amajyepfo (united Nations missions in South Sudan) zambitswe imidari  mu mugi wa Juba, bashimirwa akazi bakoze mu rwego rwo kugarura  amahoro  muri icyo  gihugu.
Ubuyobozi bushinzwe ishami ry’itumanaho muri Minisiteri y’ingabo mu itangazo bwashyize ahagaragara, rivuga ko umuyobozi wungirije wa UNMISS koloneri Jeet Gurung wavuze mu izina ry’umuryango UNMISS  yashimye Leta  y’u Rwanda yatanze umusanzu ku muryango wa UNMISS. Ati “turashima  cyane akazi kakozwe na batayo ya 3 y’ingabo za RDF (Rwanda defence forces) mu gihe cy’amezi  umunani  ashize bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’amajyepfo.
Brigadier General Andrew Kagame uyoboye ingabo zikorera muri Sudani y’amajyepfo, yavuze ko batayo igizwe n’ingabo z’u Rwanda zikorera muri ako karere zakoze akazi gakomeye mur wego rwo kubungabunga umutekano w’abaturage ba sudani y’amajyepfo, ndetse no kubagezaho ibikorwa byo kubafasha mu buzima busanzwe nko kubategurira imishinga yunguka vuba (Quick impact Projects) bikaba byarunganiye abaturage mu bikorwa by’ubwubatsi n’ibindi.
Ku byerekeranye n’ibindi bikorwa bifatika ingabo za RDF zagejeje ku baturage ni ibikorwaremezo bubakiye abaturage urugero nk’ikiraro cya DUMA mu gace ka Tambura mu mugi wo mu burengerazuba, ibikoresho nk’amasuka yo guhingisha agera kuri 420 RDF yahaye abaturage ba Tambura, na Torit mu turere two mu burengerazuba no mu burasirazuba bwa Sudani y’amajyepfo, ibikorwa byo gukwirakwiza amazi meza mu bitaro no mu bigo nderabuzima bya Tambura ubusanzwe haba ibibazo byamazi make, gutunganya umusingi  w’ahazubakwa amashuri yisumbuye n’ahazubakwa isoko rishya ryo guhahiramo mu murenge wa Yambiyo n’ibindi.
Mu bandi bayobozi bitabiriye icyo gikorwa cyo kwambika imidari ingabo za RDF ni bamwe mu bayobozi ba UNMISS, ingabo, polisi  na bamwe mu banyarwanda baba mu gihugu cya Sudani y’amajyepfo mu rwego rwa Diaspora. Ingabo za RDF zoherejwe mu butumwa bw’amahoro muri sudani y’amajyepfo ni bo bagize icyiciro cya mbere cyoherejwe muri Sudani mu rwego rwa UNMISS bakaba baragiyeyo mu kwezi kwa Mata 2012.

Imvaho Nshya

Aucun commentaire: